IMPINDUKA ZIBA MU BUZIMA

                                   NTAKITAGIRA IHEREZO
 

Mu buzima bwa buri munsi,umuntu ahura na byinshi bitandukanye byaba ibimunezeza cyangwa se ibimubabaza.Nta muntu uhora yishimye ibihe byose kimwe nuko nta muntu uhora ubabaye ibihe byose.
Ushobora kuba wahuye n'ibikubabaje  uyu munsi  ariko ejo  ukabona ikikunezeza.
Nabonye nta kintu kitagira iherezo koko nkuko umubwiriza yabivuze.UMUBWIRIZA 3:1-13(IMANA IGENERA IKINTU CYOSE IGIHE CYACYO).

-Hariho igihe umuntu aba ari mu bukene ariko igihe kikazagera hakabaho iherezo ry'ubwo bukene maze akabona amafaranga.
-Hariho igihe umuntu aba afite amafaranga ariko igihe kikazagera hakabaho iherezo ry'ubwo bukire bwe ugasanga yakennye pe.Kandi mbere yarabonaga icyo yifuza cyose ariko hakabaho iherezo agasigara yifuza n'uwamuguriza.Iyo bigenze gutyo rero,uwo muntu atabarwa nabo yagiriye neza mu gihe yarakize nubwo muri icyo gihe we yumvaga ubuzima butahinduka.
Ingorane zibaho rero ni igihe uwo muntu atabanye neza n'abantu kuko agira n'ipfunwe ryo kuba yagira uwo asaba ubufasha bitewe nuko wenda yagiraga ubugugu  mu gihe yarakize.Niyo mpamvu baca umugani ngo"GIRA NEZA WIGENDERE,INEZA UYISANGA IMBERE KANDI INABI NAYO UYISANGA IMBERE".

Iherezo ryo gukira  iyo rije umuntu  agakena ,abeshwaho nuko yitwaye mu gihe yarakize afite amafaranga kuko nibwo abona umumaro wo kutizirikana ubwawe cyangwa  umumaro wo kubana n'abantu bose neza.

-Igihe kiragera umuntu akiga ariko na none hakabaho iherezo amashuri akayarangiza akabona akazi  cyangwa se agakomeza kwiga mu kindi cyiciro.Iyo umuntu ageze mu kazi,igihe kijya kigera bakamuhagarika bitewe nuko bagabanyije abakozi cyangwa se ibyo yakoraga byarangiye.
Sibyo gusa ,kuko habaho na pension(retirement) ,ikiruhuko cy'izabukuru.
Murumva ko rero nubwo umuntu mu gihe ari mu kazi aba yumva aguwe neza kuko aba yizeye ko ukwezi nigushira hari amafaranga azinjiza,ariko akwiye kuzirikana ko ako kazi atazakagumamo ibihe byose.Mu kuzirikana ibyo, bizamufasha kumenya uko ako kazi azakitwaramo n'uko azabana n'abo bakorana ndetse n'abakoresha be.

-Habaho igihe cy'ubusore cyangwa se cy'ubukumi ariko nabyo bijya bigira iherezo, kuko uko umuntu aba ameze mugihe afite imyaka 20 iyo agize imyaka 55 amaze gusaza biba bitandukanye nuko yarameze mbere mugihe cy'ubusore.

Umuntu agira ubuzima bwiza  akagira amafaranga menshi icyo ashatse cyose akakigeraho ariko mugihe runaka ukumva yakoze accident cyangwa yishwe n'indwara runaka.Mu byo dukora byose tujye tuzirikana ko hariho iherezo.

Icy'ingenzi dukwiye kwibuka ko tutazabaho mu buzima bumwe ahubwo ko habaho impinduka mu buzima bwacu bwa buri munsi.Mu kubaha Imana no gukunda bagenzi bawe ntacyo uhereyeho,nabyo bizagufasha kubana neza n'abandi kandi binagufashe no kumenya uko witwara mu buzima urimo.


Emmanuel RUTAYISIRE



6 comments:

  1. Nibyo koko iherezo rijya ribaho ku kintu cyose.

    ReplyDelete
    Replies
    1. IMANA IGENERA IKINTU CYOSE IGIHE CYACYO).
      irijambo rikubiyemo ibintu byishi uzikurebakure kandi tura kwemera

      Delete
  2. Imana iza gukomereze imigisha

    ReplyDelete